Urugero rwabo ni nk’urw’uwacanye umuriro, nuko wamara kumurika no kubonesha ibimukikije byose, Allah agatwara urumuri rwabo, akabasiga mu mwijima batabona.
التفاسير:
18:2
صُمُّۢ بُكۡمٌ عُمۡيٞ فَهُمۡ لَا يَرۡجِعُونَ
(Abo bameze) nk’abatumva, abatavuga, ndetse n’abatabona; kandi nta n’ubwo bazisubiraho (ngo bagaruke mu nzira itunganye).
Umurabyo uba wenda kubahuma amaso, buri uko ubamurikiye baratambuka, wabazimiraho bagahagarara. Kandi n’iyo Allah aza kubishaka yari kubambura kumva kwabo no kubona kwabo. Mu by’ukuri, Allah ni Ushobora byose.