Kandi nta bandi twagize abarinzi b’umuriro batari abamalayika. Ndetse twanashyizeho umubare wabo (cumi n’icyenda) kugira ngo tugerageze abahakanyi, no kugira ngo abahawe ibitabo bemere badashidikanya (ko Qur’an ari ukuri kuko ihuriye kuri uwo mubare wanditse mu bitabo byabo); ndetse no kugira ngo abemeramana barusheho kwemera, no kugira ngo abahawe igitabo n’abemeramana batagira ugushidikanya (ku byo bemeye), ndetse no kugira ngo abafite uburwayi (bw’uburyarya) mu mitima n’abahakanyi bavuge bati “Allah yari agamije iki mu gutanga uru rugero?” Uko ni ko Allah arekera mu buyobe uwo ashaka akanayobora uwo ashaka. Kandi nta wamenya ingabo za Nyagasani wawe utari We. Kandi uyu (muriro) nta kindi uri cyo usibye ko ari urwibutso ku bantu.
التفاسير:
32:74
كَلَّا وَٱلۡقَمَرِ
Oya si ko biri! Ndahiye ukwezi.
التفاسير:
33:74
وَٱلَّيۡلِ إِذۡ أَدۡبَرَ
N’ijoro igihe ricyeye.
التفاسير:
34:74
وَٱلصُّبۡحِ إِذَآ أَسۡفَرَ
N’igitondo igihe gitangaje.
التفاسير:
35:74
إِنَّهَا لَإِحۡدَى ٱلۡكُبَرِ
Mu by’ukuri uwo (muriro) ni kimwe mu (byago) bihambaye,